Reka
tubanze twibukiranye Sodomu na Gomora icyo aricyo mu bitabo bitunganye
bikoreshwa n’abemera ijuru ( Abayahudi, abakirisitu n’ abayisilamu). Muri
Bibiliya Itunganye, mu gitabo cy’Itangiriro dusomamo ko Imana yaremye abantu
ikabaha umudendezo mu busitani bwa Edeni. Ariko uko bagendaga bororoka niko
bagiye barushaho kuba abanyabyaha.
Ibi
byaha byatumye Imana ibahana kenshi ariko ibihano bizwi cyane ni ibyahawe
imijyi ya Sodomu na Gomora aho Imana yahanishije abaturage b’iyi mijyi
kubatwikisha umuriro( Mazuku)(Itangiriro 19:1-29).Ikindi gihano ni igihe cya
Nowa, Imana yicishije abantu umwuzure nyuma y’imvura yaguye iminsi 40.( Itangiriro
6; 7; 8).