Pageviews all the time

Nyamagabe: Musenyeri Hakizimana yagizwe umwepisikopi wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro ku mugaragaro

Nyiricyubahiro Musenyeri HAKIZIMANA Celestin, umwepisikopi wa Diyosezi Gatulika ya Gikongoro wimitswe ku mugaraaro kuwa Gatandatu, taliki 24 Mutarama 2015

Musenyeri Hakizimana uherutse kugirwa umwepisikopi wa Diyosezi Gatulika ya Gikongoro n’umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi Papa Francis, yahawe ubwepisikopi ku mugaragaro na Musenyeri Thadeyo Ntihinyurwa wari uyoboye imihango yo gutanga ubwepisikopi.

Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Mutarama 2015, nyuma y’imyaka igera hafi kuri itatu Diyosezi ya Gikongoro yari imaze nta umwepisikopi ifite, yabonye umwepisikopi mushya, Celestin Hakizimana wahawe ubwepisikopi ku mugaragaro mu gitambo cya Misa.

Musenyeri Celestin Hakizimana nyuma yo guhabwa ubwepisikopi kumugaragaro yicajwe mu ntebe y’ubushumba. Musenyeri Celestin Hakizimana asimbuye ku ntebe y’ubushumba musenyeri Augustin Misago witabye Imana taliki 12 Werurwe 2012, nyuma y’uko yari asanzwe ari umunyamabanga mukuru w’inama y’Abepisikopi Gatulika bo mu Rwanda.

Musenyeri Celestin Hakizimana wahawe ubwepisikopi akagirwa umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro yatangaje ko intego ye ari ukuzafasha abakirisitu ndetse n’abapadiri yahawe kuyobora, kurushaho kuyoboka Imana bagendera mu nzira.

Nyuma yo guhabwa ubwepisikopi Musenyeli Celestin hakizimana yarambitsweho ibiganza n’abasenyeri bagenzi be bo mu ma diyosezi atandukanye ndetse n’abaturutse mu bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi. Nyuma yo gushyikirizwa inkoni y’ubushumba yagize ati “Ubutumwa mpa abakirisitu bose bo ku Gikongoro, abapadiri, ndetse n’abandi bari ku isi hose ni ukugana Imana, tukava aho turi ntitube indorerezi tukaba abakirisitu nyabo bazi icyo bakora, kugira ngo dufatanyarize hamwe, tuzane rubanda nyamwinshi ku Mana.”

Imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yaguye mu isozwa ry’igitambo cya misa yafashwe nk’umugisha wahawe abanyagikongoro ndetse n’abitabiriye ibi birori muri rusange byari byitabiriwe n’imbaga nyamwinshi y’abakirisitu bo mu karere ka Nyamagabe n’abandi baturutse hirya no hino mu gihugu.

Ibi birori bikaba byari byitabiriwe n’abayobozi bo ku rwego rw’igihugu, peresida wa sena Bernard Makuza, minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, guverineri w’intara y’amajyepho Alphonse Munyentwali, abayobozi b’akarere ka Nyamagabe, abo mu nzego z’umutekano, abihayimana ndetse n’abahagarariye amadini n’amatorero.

Inkuru ya www.kigalitoday.com/

shikamaye.blogspot.no
Shikama ku Kuri na Demukarasi(SKUD)

No comments:

Post a Comment

Muvandimwe, nshuti ya SHIKAMA, turagushimira cyane umuganda utanga wo kubaka URWANDA rushya ubinyujije mu bitekerezo byawe( Komanteri). Kugirango turwanye urukungu rw'Agatsiko ni ngombwa ko buri komanteri ibanza gusuzumwa. Yohereze, irahita ijya ku rubuga mu minota mike niba idatandukira( kuvuga ibitajyanye n'inyandiko), itukana, cyangwa yuzuyemo uburere buke.

Wipfusha komanteri yawe ubusa ukoresha "ANONYMOUS", himba izina urikomeze kuko hari ibihembo mu Kuboza 2016 ku bantu 3 bazaba babaye indashyikirwa mu gutanga ibitekerezo. Dukomeje kubashimira ubwitange n'umurava muhorana. IMANA Y'I RWANDA ihorane namwe iminsi yose.

Dg NKUSI Yozefu
www.shikamaye.blogspot.com
Uharanire ko Ukuri gusimbura ikinyoma.
Email: mahoriwacu@gmail.com; tel: +4745564355