Minisitiri Habineza Yozefu atoza Abanyarwandakazi
umuco w'abagande aho kubatoza uw'u Rwanda !
umuco w'abagande aho kubatoza uw'u Rwanda !
Mu minsi mike ishize, urubuga
rwanyu Shikama ruheruka kubagezaho inkuru ivuga ko Perezida wa Tanzaniya JakayaM. Kikwete yasabye abaminisitiri n’ibyegera byabo kutarenga umujyi wa Dar EsSalaam. Muri iyo nkuru twakomeje tubabwira ko impamvu yateye Kikwete gufata
kiriya cyemezo yaba ari inyereza ry’amafranga agera kuri 300,0000,000 y’amashringi
yashyizwe kuri koti ya Tegeta Escrow iri muri banke . Tukaba twaremezaga ko bishoboka ko
Perezida Kikwete ari buhindure guverinema ku nshuro ya kane kuva yafata
ubutegetsi muri 2005. Twababwiraga ibi , dushingiye ko Kikwete yubaha imyanzuro
yafashwe n’intekoshinga mategeko ya Tanzaniya kandi kuva iki kibazo cya Escrow
cyari kimaze iminsi kivugwa muri iki gihugu, nta shiti iyi nteko yagombaga kuba
yari yatangiye kugikoraho iperereza.
Inkuru ibaye impamo rero, nkuko
twabivuze hejuru, Minisitri wavuzwe Profeseri Sospeter Muhongo
cyane muri iri nyereza akaba yari ashinzwe umutungo kamere muri Tanazaniya yeguye ku mirimo ye. Kikwete
agomba kuba aricyo gisubizo kihuta yaboneye iki kibazo cya Tegeta Escrow kuko
nta kuntu yari kongera guhindura guverinema muri uyu mwaka kandi hagiye kubamo amatora y’umukuru w’igihugu,
nyuma y’ay’uturere yatangiye.