Pageviews all the time

Muyogoro kuwa 8/8/2014
C:\Users\Invité\Desktop\Boniface\photo (3).jpg


MUDAHERANWA Boniface 
Akagari kaMuyogoro
Umurenge wa Huye
Akarere ka Huye      
INTARA Y’AMAJYEPFO                                            
Tel:+250785260863/+250727295294
Email :     mudaboniface@gmail.com                                                                                

Ba Nyakubahwa Bayobozi b’Urubuga SHIKAMA
Email: mahoriwacu@gmail.com                                               

Impamvu : Kwibutsa.

Ba Nyakubahwa,
Nkuko muri Umuryango w’Abanyarwanda n’abanyamahanga benshi mudahwema gutabariza no gutabara ingorwa z’abanyarwanda banyanyagiye hirya no hino ku isi, mbandikiye mbibutsa inyandiko ndende naboherereje ku itariki ya 13/11/2013 ikubiyemo ibibazo nabasabiraga ubutabazi (ubufasha) ariko kugeza ubu nkaba nta gisubizo nigeze mbona.

Mu by’ukuri nongeye kubandikira mbaririra, ntabaza, ntakamba nivuye inyuma kuko mu bibazo nabagejejeho binkomereye n’umukecuru Maman bikaza no kunyura ku binyamakuru IKAZE IWACU, LE PROPHETE, IJWI RYA RUBANDA n’ibindi, mu nkuru igira iti : “GUTABARIZA BONIFACE MUDAHERANWA” byarushijeho kwiyongera.
C:\Users\Invité\Desktop\Boniface\photo (2).jpg                    C:\Users\Invité\Desktop\Boniface\photo (1).jpg                    C:\Users\Invité\Desktop\Boniface\photo (3).jpg
                                          Uku niko byari bihagaze mu gihe cyo gutabarizwa.  
Nyuma y’izo nkuru zababaje abantu benshi, zakurikiwe n’uruhurirane mbonezamugambi mwiza wo kudutabara, mu majwi y’abanyarwanda benshi kandi mu mahanga menshi, bamwe bantegeka gufunguza konti nzakiriraho ubufasha, nza no kuyifunguza (00050-0637855-97) iherereye muri Banque de Kigali. Abandi bansezeranya gukoresha Western Union, abandi banyaka plan na devis by’inyubako iciriritse. Ibi byose nabigeragaho bingoye ariko ndabitanga. Hafi ya bose banyizezaga ko bitarenga ukwezi kumwe ntaratabarwa none umwaka urenda kurangira. N’iyo mpamagaye inomero za telefoni bakoresheje bampamagara, zicamo ngatwarwa amafaranga ariko agashiramo ntacyo tuvuganye. Nkaba ntashidikanya ko abenshi bari muri mwe, bityo mukaba mushobora kubanyibukiriza mukantabara mwokabyara mwe kuko ibintu byakomeje kuba bibi, kuko n’akaruri twabagamo kadusenyukiyeho, ubu turangara ku gasozi.
C:\Users\Invité\AppData\Local\Microsoft\Windows\Temporary Internet Files\Content.Word\signal.jpgC:\Users\Invité\AppData\Local\Microsoft\Windows\Temporary Internet Files\Content.Word\signal.jpgC:\Users\Invité\AppData\Local\Microsoft\Windows\Temporary Internet Files\Content.Word\signal.jpg
               Kugeza aha amagambo yashize ivuga, ni amarira masa !!!!

Ubu rero noneho uko tumeze biteye agahinda katuma umuntu yiyahura, kuko haraziraho no kutagira ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), hakaziraho ubumuga bw’urutugu mu mpanuka nakoze bwiyongera k’ubundi navanye mu buroko bw’imyaka 15 y’agatsi, ku buryo ntabasha kugira icyo nkora ngo ndebe jye na mukecuru w’imyaka 85 ko twabona ikitubeshaho. Ibi byose ariko bikubitiraho no kuba naribwe ibikoresho byanjye by’imirimo y’ubukorikori nikoreraga (artiste graphiste-sérigraphiste-électricité domestique) byibwe ndi mu bitaro.

Nkaba nifuza ko bishobotse mwantakambira ku bagiraneza b’ingeri nyinshi ngatabarwa vuba nk’uko nabisezeranijwe icyizere kikaraza amasinde kuko aho ngeze nk’uko mubibona hateye agahinda mu buzima budafite intego n’icyerekezo. Ahasigaye Imana ibahe imigisha myinshi mu byo mukora byose bigamije kurwana ku batishoboye. Mugire amahoro masa.


MUDAHERANWA Boniface                                                                                           

N.B. :  Mubashije kumbonera ubufasha bw’amafaranga mwayacisha kuri Western Union cyangwa kuri kuri Compte 00050-0637855-97 iri muri Banque de Kigali cyangwa se kuri MTN Mobile Money +250785260863 cyangwa se ubundi buryo mwabona buboroheye kandi mwizeye.                                                                                          

No comments:

Post a Comment

Muvandimwe, nshuti ya SHIKAMA, turagushimira cyane umuganda utanga wo kubaka URWANDA rushya ubinyujije mu bitekerezo byawe( Komanteri). Kugirango turwanye urukungu rw'Agatsiko ni ngombwa ko buri komanteri ibanza gusuzumwa. Yohereze, irahita ijya ku rubuga mu minota mike niba idatandukira( kuvuga ibitajyanye n'inyandiko), itukana, cyangwa yuzuyemo uburere buke.

Wipfusha komanteri yawe ubusa ukoresha "ANONYMOUS", himba izina urikomeze kuko hari ibihembo mu Kuboza 2016 ku bantu 3 bazaba babaye indashyikirwa mu gutanga ibitekerezo. Dukomeje kubashimira ubwitange n'umurava muhorana. IMANA Y'I RWANDA ihorane namwe iminsi yose.

Dg NKUSI Yozefu
www.shikamaye.blogspot.com
Uharanire ko Ukuri gusimbura ikinyoma.
Email: mahoriwacu@gmail.com; tel: +4745564355