Iyi nyandiko yahise bwa mbere kuri Shikama kuri 10/6/2014
Kuwa mbere, taliki 09 Kamena 2014, Inama y’abaminisitiri byanditswe ko idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro iyoborwa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ariwe Paul KAGAME. Kuba twamenye ko iyi nama yateranye nta banga rikibirimo kandi si n’icyaha kuko byatangajwe n’ibitangazamakuru binyuranye.
Kuwa mbere, taliki 09 Kamena 2014, Inama y’abaminisitiri byanditswe ko idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro iyoborwa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ariwe Paul KAGAME. Kuba twamenye ko iyi nama yateranye nta banga rikibirimo kandi si n’icyaha kuko byatangajwe n’ibitangazamakuru binyuranye.
Mu mategeko agena imikorere ya Perezidansi ya Repubulika mu Rwanda ateganya uburyo inama y’abaminisitiri itegurwa n’igihe ibera. Ubusanzwe inama y’abaminisitiri ikorwa rimwe mu cyumweru. Ayo mategeko ateganya ko igomba guterana kuwa Gatatu wa buri cyumweru.
Ayo mategeko ngena-mikorere ariko ateganya ko habaye ikintu cyangwa impamvu ikomeye kandi yihutirwa, iyi nama ishobora gukorwa ku wundi munsi uwo ariwo wose ku cyemezo rukumbi cya Perezida wa Repubulika ari nawe uyiyobora kandi mu nyandiko-mvugo yayo igenerwa ibitangazamakuru hakandikwamo ko idasanzwe.