Ingingo y’116
y’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda igena ko iyo Minisitiri w’Intebe
ashyizweho ahita ashyiraho Guverinoma nshya abyumvikanyeho na Perezida wa
Repubulika kandi bigakorwa bitarenze iminsi 15 uhereye igihe ashyiriweho.
Iyo minsi yose
ntabwo Kagame na Murekezi bayitegereje kuko nyuma y’amasaha 24 gusa Guverinoma
nshya ihise imenyekana ikanarahira. Bamwe bayigarutsemo abandi barirukanwa. Uwa
mbere wirukanywemo nk’uko byumvikana ni Dr Habumuremyi Petero Damiyani wari
minisitiri w’intebe.