Umunsi wa mbere w’inshuri yari interuro nziza cyane yavugwaga hose ku gihugu. Iyi nteruro kandi yibutsa agaciro k’ishuri ikibanda ku bikorwa byabagaho ku munsi wa mbere wo gutangira umwaka w’amashuri mu Rwanda. Kuri uyu wa mbere taliki 06 Mutarama 2014 nibwo umwaka w’amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye watangiye mu Rwanda hose.
Uburezi mu Rwanda bwagiye buhura n’ingorane zikomeye guhera ku bukoroni. Mu 1900, abazungu bagera mu Rwanda badusanganye itorero ry igihugu. Iryo torero ryari rifite uruhare rukomeye mu kwigisha abanyarwanda cyane cyane urubyiruko ibirebana n’indangagaciro zo mu muco wo gukunda igihugu na za kirazira.
Ibihugu byinshi byo ku mugabane w’Afurika byagiye bikolonizwa n’ibihugu bo ku mugabane w’uburayi. No mu Rwanda niko byagenze kuko twakolonijwe n’abadage n’ababiligi. Ibi ariko nta wabivuga yirengagije n’uruhare rw’amadini nka Kiliziya Gatolika n’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi kimwe n’abaporotesitanti.